Uko wafasha usaba icyitonderwa cyemewe gishyirwa ku nguzanyo nto.

Iyi serivisi ifasha umuntu ushaka inguzanyo ingana na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda cyangwa iri munsi yayo, ayisaba mu bigo by’imari iciriritse cyangwa muri SACCO, gusaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka gushyira amabwiriza ku butaka bwe.

Iyi dosiye  itunganywa mu iminsi y’akazi 7, Iyi serivisi itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutaka (NLA).

Igiciro cy’iyi serivisi ni 2000 RWF.

Ibisabwa:


  • Usaba agomba kuba afite nomero ya telefoni na imeyili bikora.

  • Nomero ya UPI y’usaba  igomba kuba yanditse ku ndangamuntu ye.


Kurikiza izi ntambwe ubashe gutangiza ubusabe.


  1. Sura urubuga rwa Irembo rwaba ajenti kuri agent.irembohub.com winjire muri konti yawe.


  1. Urajya mu gice cy’ubutaka, hanyuma uhitemo “Icyitonderwa cyemewe gishyirwa ku nguzanyo nto”.



  1. Soma  amakuru ya serivisi witonze hanyuma ukande “Saba”.


  1. .Mu gice cya mbere cy’ubusabe, urasabwa kongeramo amakuru ya nyir’ubutaka, arimo ubwoko bw’icyangombwa kimuranga n’imibare yacyo, hamwe n’uburyo yaboneka (nomero ya telefoni cyangwa imeyili).Nyuma urasabwa gutanga amakuru yerekeranye n’ikibanza ushaka ko gishyirwaho imbongamizi, harimo na UPI yacyo hanyuma ukande Komeza.

Icyitonderwa: Genzura neza ko UPI y’ikibanza yanditse ku cyangombwa kiranga umuntu gihuye n’icyo watanze mu makuru ya nyir’ubutaka.

Iyo umaze gushyiramo UPI y’ikibanza, amakuru yacyo ahita agaragara munsi, arimo ubuso bw’ikibanza, icyo ubutaka bukoreshwa, uburenganzira ubufiteho, n’aho giherereye. Amakuru yerekeranye n’ijanisha ry’umugabane uhafite na yo azahita agaragara.


  1. Hitamo Ikigo cy’imari iciriritse (MFI) cyangwa  SACCO hakurikijwe aho giherereye bitewe n’ubushake bw’usaba, hanyuma ukande Komeza.


  1. Rebera hamwe n’usaba ko amakuru yatanze ari yo, hanyuma ukande kuri “Gufungura dosiye”.

Intambwe zikurikira Gufungura dosiye.

  1. Kwishyura:

  • Koresha nomero yawe yo kwishyuriraho kugira ngo wishyure serivisi zawe ukoresheje bumwe mu buryo butangwa mu gice cy’ “uburyo bwo kwishyura”.Numara kwishyura neza,uzabasha gukura inyemezabwishyu ku  IremboGov ukoresheje nomero yo kwishyuriraho

  1. Igihe ugomba kwitega kubuzwa uburenganzira ku butaka bwawe:

  • Dosiye  nimara gutunganywa neza,uzahabwa ubutumwa bumenyesha ko dosiye yawe yemejwe kandi ko ubutaka bwawe bwashyizweho imbogamizi. Nuramuka utakiriye ubutumwa bugufi (SMS) bukumenyesha aho dosiye yawe igeze mu gihe cy’iminsi itanu(5) y’akazi nyuma yo kuyohereza,wasura  cyangwa ukavugisha Irembo kuri 9099 cyangwa support@irembo.com.




Var þessi grein gagnleg?

Það er frábært!

Þakka þér fyrir álit þitt

Því miður! Við gátum ekki verið hjálpleg

Þakka þér fyrir álit þitt

Láttu okkur vita hvernig við getum bætt þessa grein!

Veldu að minnsta kosti eina af ástæðunum
Staðfesting á CAPTCHA er nauðsynleg.

Viðbrögð send

Við kunnum að meta fyrirhöfn þína og munum reyna að laga greinina